Abanyamihango b’Ibwami

September 1, 2023

“I Bwami habaga imihango myinshi ,buri mihango yagiranga abayishizwe”

Imirimo yo ku rurembo yabaga ari myinshi,ari na yo bitaga “Imihango”mu mvugo y’ubwiru,ariko iy’ingenzi yajyanaga n’ubwiru,n’ubutegetsi,imanza,itabaro,imibanire y’abagaragu nab a Shebuja,ndetse hakaziramo n’ubucurabwenge.Abo banyamihango,bakaba bari bashizwe imirimo n’imihango yose yakorerwaga I Bwami umunsi k’uwundi,Abanyamirimo b’Ibwami bari aba ng’aba ukurikije uko barutanwa mu nzego:

Umwami:Ni we wari umukuru w’igihugu w’ikirenga,akitwa kandi”Umugabe”

Umugabekazi:yari nyina w’umwami,agategekana na we bakanganya ububasha mu gufata ibyemezo biyobora igihugu.

Umwamikazi:N’ubwo umwami yagiraga abagore benshi,ariko havagamo umwe w’inkundwakazi akitirirwa umugabo we agafata iryo zina.Ariko nta bubasha yagiraga mu ifatwa ry’ibyemezo biyobora igihugu,kereka iyo umuhungu we yimaga ingoma,nyamara na we yari umwe mu banyacyubahiro b’Ibwami,akubahirwa umugabo we.

Abatware b’intebe:batwaraga intara z’igihugu.

Abatware b’inyambo:babaga bashinzwe kwita ku bworozi,cyane cyane inka z’inyambo

Abatware b’ubutaka:babaga bashinzwe imirimo yose ijyanye n’ubutaka,nko gukata ibikingi,kwita ku burumbuke bw’imyaka n’ibindi.

Abatware b’ingabo:bari bashinzwe ubusugire bw’igihugu

Ibisonga:byakoreshaga uburetwa n’amakoro ku misozi

Abahamagazi:bari abagaragu b’ibisonga,bakayobora imirenge ku birongozi mu by’uburetwa

Abiru:bari abanyamabanga n’abagaragu b’ingoma.

Abagaragu b’Umwami:Baramushagaraga mw’itambagira ry’igihugu,bakagenda hamwe n’itara rya rubanda rw’umwami.

Abamotsi:bari bashinzwe itangazamakuru ry’Ibwami no kumenyesha rubanda gahunda z’ubuyobozi.

Abatahira:bari abagaragu b’abatware b’inyambo,bashinzwe kwita ku myororokere y’amashyo aya n’aya

Abarenzamase:Bari abagaragu b’Abatahira,bashinzwe kwahirira inka no kuzikukira.

Abagendanyi:Basasaga ibirago n’ibyahi mu ngando z’umwami

Abagaba b’ingabo:Bagengaga imitwe y’ingerero bakagaba ibitero

Abavuzi b’amacumu:bari bashinzwe itangazamakuru ry’ibyabereye ku rugamba.

Abanyenzoga:Babaga bashinzwe inzoga z’Ibwami umunsi ku wundi.

Abanyamuheto:bacaga isaso

Intore:Zahamirizaga mu matorero zigatoranywamo n’ingabo z’ingerero

Intasi:zagenzuraga imiterere y’ibyaro n’iy’ibitero by’ayo mahanga

Intalindwa:bari abahetsi b’abamikazi

Intumwa:zoherezwaga mu butumwa bw’amoko yose

Izimukwiye:bari abatwakazi babyiniraga umwami

Imparamba:zateraga amasuka baterekereye kwa Nyirakigeli

Abatora:bubakaga inzu z’ingando z’umwami

Abakannyi:Bararaga izamu

Abadaraza:babohaga ibisenge by’ingoro y’umwami

Abanyakambere:Bamenyaga iby’amata,isuku yo mu nzu,n’ibindi byose bijyanye n’uruhimbi.

Abarigisi:bakamenya ibyo mu Kagondo

Abanyabyuma:bacurishaga n’izindi ntwaro bakamenya amagaza y’Ibwami.

Abanyabigaragara:Babuganizaga amata mu bisabo bagacunda bakavuruga

Banyirumugezi:Basukuraga amariba y’Ibwami

Abakutsi:Bayoraga ivu n’imyanda

Abanyatsika:Babohaga insika z’amazu y’Ibwami

Abazinya:abakoreshaga amakoro y’Ibwami

Abanyamushumi:Bari bashinzwe impigi z’Ibwami

Abanyamogo:Bari bashinzwe guhiga inkwavu zavagamo amashyira ,bakoreshaga baragura.

Abadogoro:bari abakecuru bakuburaga ku karubanda bagahabwa amacunda.

Urubindamahwa:Bari abakobwa b’inshinzi z’isoni bakarema “Urukatsa”

Abajarajazi bitwaga kandi Abanyamuriro:Bamenyaga umuriro w’urubimbiro wacanywe na Gihanga,bakawuhembera.

Abanyamuheno:Bari abashumba b’inguge y’Ibwami yakoreshwaga mu mihango yo kwimika umwami mushya.

Abacurabwenge:Bari abanyantekerezo n’amateka y’igihugu.

Abasizi:Bahimbaga ibisigo bisingiza ingoma

Abakongoli:Bararaguraga bagahanurira ingoma

Abanyamuganura:Baganuzaga umwami

Abavubyi:Bakavuba imvura

Abahoryo:Bakavuma ibyonnyi.

Abahennyi:Bakavuma ababisha

Abanyamasubyo:Bagahamura imiti y’amahunane

Abahaditsi:Bavuraga inka

Abaziritsi:Bakavuza ingoma z’Ibwami bakuranwa ku bihe,mu gihe cy’ukwezi

Uwazirikishaga:akaba umutware w’abo biru b’abaziritsi

Uwakiraga imirishyo:ku ngoma ya Musinga akaba Rwiyama rwa Senyamisage,akayakirira ku nteko y’ishimiro ry’imirishyo I Gaseke kwa Cyilima.